Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda (UPDF), Gen. Muhoozi Kainerugaba, yasabye umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi, Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, kuva mu bwihisho akitanga ku nzego z’umutekano bitarenze amasaha 48.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X (Twitter), Gen. Muhoozi yavuze ko mu gihe Bobi Wine yaba atitaye kuri iryo tegeko mu gihe cyagenwe, azafatwa nk’inyeshyamba, bityo inzego z’umutekano zikamushakisha zikamufata mu buryo bwose bushoboka.

Aya magambo aje nyuma y’uko Bobi Wine, wahoze ahatana mu matora y’umukuru w’igihugu, atangaje ko ari ahantu hatekanye, nyuma y’uko avuze ko ingabo za Leta zari zaje kumufatira iwe, akabasha kuzicika.

Ibi byongeye gukurura impaka n’impungenge ku mutekano w’abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda, cyane ko Bobi Wine akunze kuvuga ko ahigwa kubera ibitekerezo bye bya politiki.

Kugeza ubu, Bobi Wine ntaragira icyo atangaza ku busabe bwa Gen. Muhoozi, mu gihe abakurikiranira hafi politiki ya Uganda bakomeje gukurikirana uko iki kibazo kiri kugenda gihinduka.

By Admin

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *