Umwami w’Ubwongereza, Charles III, yatangaje ko “amategeko agomba gukurikizwa” nyuma y’ifatwa rya murumuna we, Prince Andrew, Duke of York, uherutse gufungwa akurikiranyweho ibyaha bikomeye.
Ifatwa rya Andrew ryabaye ku munsi wizihizaga isabukuru y’imyaka 66 y’amavuko, ibintu byakuruye impaka zikomeye mu Bwongereza no ku rwego mpuzamahanga. Akurikiranyweho gukekwaho guha amakuru y’ibanga Jeffrey Epstein, umugabo wahoze akekwaho ibyaha byo gusambanya abana no kubacuruza.
Mu itangazo ryasohowe n’Ibwami, Charles III yashimangiye ko inzego z’ubutabera zigomba gukora akazi kazo nta vangura. Yagize ati: “Mu gihugu kigendera ku mategeko, buri wese arayubahiriza kandi akabazwa ibyo akekwaho.”
Prince Andrew yari asanzwe ari mu bibazo bijyanye n’imikoranire ye na Jeffrey Epstein, ariko mbere y’ibi birego bishya, yakunze guhakana ko hari ibikorwa bitemewe yakoranye na we. Mu myaka yashize, yari yaravuye ku mirimo ya cyami nyuma y’ibirego byamukurikiranye.
Abasesenguzi bavuga ko iki kibazo gishobora kongera igitutu ku muryango w’ibwami w’u Bwongereza, mu gihe ukomeje kwiyubaka no gushimangira icyizere cy’abaturage.
Iperereza rirakomeje, kandi harategerejwe imyanzuro y’inzego z’ubutabera zizagena niba Prince Andrew azagezwa imbere y’urukiko cyangwa niba hari ibindi byemezo bizafatwa.
