Rutahizamu w’ikipe y’igihugu ya Nigeria, Victor Osimhen, yagarutse ku mpamvu yatumye ahitamo gushakana n’umugore ukomoka muri Cameroon, mu gihe benshi bibazaga impamvu atahisemo umukobwa wo mu gihugu cye cya Nigeria.
Mu kiganiro aherutse kugirana n’itangazamakuru, Osimhen yavuze ko inkomoko y’uwo bashakanye itigeze iba ikintu yashyize imbere, ahubwo yitaye ku rukundo n’inkunga yamubonyeho mu bihe bikomeye.
Yagize ati: “Mu by’ukuri, sinari nzi ko akomoka muri Cameroon. Icyari ingenzi kuri njye ni uko yambaye hafi igihe ibintu bitari byifashe neza. Yanteye inkunga mu by’amafaranga no mu marangamutima, anampa impamvu zose zo kumushaka.”
Yakomeje ashimangira ko nubwo abakobwa bo muri Nigeria ari beza kandi bafite imico myiza, amahitamo ye yayobowe n’uko kamere yabigennye n’urukundo rw’ukuri rwamuhuje n’uwo bashakanye.
Ati: “Abakobwa bo muri Nigeria ni beza cyane, nta gushidikanya, ariko uko kamere yabigennye si bo nashatse.”
Aya magambo ya Osimhen yakiriwe mu buryo butandukanye ku mbuga nkoranyambaga, aho bamwe bashimye ukuri n’ubwiyoroshye bwe, mu gihe abandi bagaragaje ko urukundo rutagira imipaka y’amoko cyangwa ibihugu.
Ku ruhande rwe, uyu musore akomeje kugaragaza ko icy’ingenzi ari urukundo, kwizerana no gushyigikirana, aho kwita aho umuntu akomoka.
