Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yatangaje ko yambuye Ikipe y’Igihugu ya Senegal igikombe cya Afurika cya 2025, igiha Morocco nyuma y’ibyabaye ku mukino wa nyuma waranzwe n’akavuyo kadasanzwe.

Nk’uko CAF yabitangaje, ikibazo cyabaye ubwo umukino wa nyuma wahuzaga Senegal na Morocco wari ugeze hagati, ikipe ya Senegal igafata icyemezo cyo kuva mu kibuga, ibintu byahagaritse umukino mu gihe runaka. Nubwo nyuma Senegal yagarutse mu kibuga umukino ugakomeza, CAF yavuze ko ibyo byarenze ku mategeko agenga amarushanwa.

Uwo mukino warangiye Senegal itsinze Morocco igitego 1-0, bituma yegukana igikombe mu buryo bwari bwishimiwe n’abafana bayo. Gusa nyuma yo gusuzuma ibyabaye no kureba raporo z’abasifuzi n’abakomiseri b’umukino, CAF yanzuye ko imyitwarire ya Senegal itubahirije amabwiriza agenga amarushanwa mpuzamahanga.

Mu myanzuro yashyizwe ahagaragara, CAF yategetse ko Senegal isubiza igikombe ndetse n’imidari yari yahawe, igikombe kigahabwa Morocco nk’ikipe CAF yemeje ko yakurikije amategeko kugeza ku musozo w’umukino.

Iki cyemezo cyateje impaka zikomeye mu bakunzi b’umupira w’amaguru muri Afurika, aho bamwe bagishyigikiye bavuga ko amategeko agomba kubahirizwa, mu gihe abandi bavuga ko ibyabereye mu kibuga byari bikwiye gusuzumwa hashingiwe ku musaruro w’umukino warangiye.

Biteganyijwe ko Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Senegal rishobora kujuririra iki cyemezo mu nzego zibishinzwe, mu gihe CAF ivuga ko icyemezo cyafashwe kigamije kurinda ubunyamwuga n’ubunyangamugayo bw’amarushanwa yayo

By Admin

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *