Mu rukundo no mu bashakanye, ntihabura ibihe biba bigoye. Hari igihe amakimbirane mato amara iminsi, hari n’igihe abantu babana ariko bakabona batakivugana nk’uko byahoze.

Hari n’ubwo nta kibazo gikomeye kiba cyarabaye, ariko mugasanga ubushuti n’urukundo byaragabanutse.

Abahanga bagaragaza ko umubano utangirika kubera ikibazo kimwe gikomeye gusa, ahubwo ushobora kugenda ucika intege bitewe n’utuntu duto twirengagizwa buri munsi.

Inkuru nziza ni uko umubano ushobora kongera gukomera igihe impande zombi ziwushyiramo imbaraga.

Inzira 5 zafasha kongera kubaka umubano mwiza n’uwo mukundana mbere y’uko ibibazo bito bihinduka ibikomeye

1. Ntugaharanire gutsinda impaka zose

Abakundana benshi bahindura impaka amarushanwa yo gushaka ugaragara nk’ufite ukuri. Nyamara, iyo umwe “atsinze” impaka, akenshi umubano uba ari wo utsinzwe.

Mu gihe habaye kutumvikana, jya ubanza kwibaza uti: “Ndashaka gutsinda impaka cyangwa ndashaka gukemura ikibazo?” Iki kibazo cyonyine gishobora guhindura uko ikiganiro kigenda.

2. Tega amatwi kugira ngo usobanukirwe, si ugusubiza gusa

Hari igihe umuntu aba akivuga, mugenzi we na we yamaze gutegura icyo ari busubize. Ariko gutega amatwi nyabyo bisaba kwumva neza icyo mugenzi wawe ashaka kuvuga, kumubaza ibibazo no kutihutira gufata imyanzuro.

Akenshi umuntu aba akeneye kumvwa no gusobanukirwa mbere yo guhabwa inama.

3. Garura utuntu duto twubaka urukundo buri munsi

Urukundo ntirwubakwa gusa ku munsi w’isabukuru, mu biruhuko cyangwa mu mpano zihenze. Rwubakwa no mu bikorwa bito bya buri munsi.

Kubaza mugenzi wawe uko umunsi we wagenze, kumutegurira icyayi cyangwa ikawa, kumwoherereza ubutumwa bumwereka ko umutekereza, cyangwa kwibuka ibyo yakubwiye mbere, byose bituma urukundo rurushaho gukomera.

4. Menya gusaba imbabazi mu buryo bukwiye

Gusaba imbabazi nyakuri si ukuvuga gusa ngo “Mbabarira”. Bisaba kwemera amakosa wakoze, kutayitirira undi muntu no kwerekana ko witeguye guhinduka.

Aho kuvuga uti “Mbabarira niba warababaye,” byarushaho kuba byiza uvuze uti: “Nzi ko amagambo navuze yakubabaje, kandi sinari nkwiriye kuyavuga.” Ibi bituma undi yumva ko amarangamutima ye yubashywe.

5. Mujye mufata umwanya wo kuganira mutarangajwe n’ibindi

Muri iki gihe abantu bahugira kuri telefoni, imbuga nkoranyambaga n’akazi ku buryo bashobora kumara amasaha bari kumwe ariko nta kiganiro bagirana.

Nimugire nibura iminota 20 cyangwa 30 buri munsi mutari kuri telefoni, muganira, mutembera hamwe cyangwa mutegurana amafunguro. Uwo mwanya woroheje ushobora kongera kubaka ubushuti n’icyizere hagati yanyu.

Umubano mwiza ntushingira ku bikorwa bikomeye gusa, ahubwo wubakwa n’ibikorwa bito bikorwa buri munsi.

Gutega amatwi mugenzi wawe, gusaba imbabazi igihe bibaye ngombwa, gufata umwanya wo kuganira no kwirinda guhora mushaka gutsinda impaka ni zimwe mu ngeso zafasha urukundo gukura no kuramba.

By Admin

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *