Leta ya Saudi Arabia yatangaje ko Iran ikomeje kuyigabaho ibitero ishingiye ku byo yise “ibirego bidafite ishingiro.”

Ibi byatangajwe nyuma y’uko Iran ivuze ko hari indege z’intambara n’indege zitanga zifasha izindi mu kirere kubona ibikomoka kuri peterole ziri muri Saudi Arabia zitegura kugira uruhare mu ntambara irimo kubera mu karere.

Ku wa Gatandatu, Perezida wa Iran Masoud Pezeshkian yasabye imbabazi ibihugu by’Abarabu byo mu kigobe, avuga ko Iran itazongera kugaba ibitero ku bihugu by’abaturanyi bayo keretse gusa niba ibitero byibasira Iran biturutse muri ibyo bihugu.

Nubwo bimeze bityo, Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Saudi Arabia yavuze ko ibyo Iran yatangaje bitigeze bigaragara mu bikorwa. Iyo minisiteri yavuze ko Iran yakomeje ibikorwa byayo byo kugaba ibitero ishingiye ku birego idafitiye gihamya.

Saudi Arabia yongeye gusobanura ko amakuru yavugwaga ko indege zayo z’intambara ndetse n’indege zitanga lisansi zavuye muri icyo gihugu zigamije kwitabira intambara atari yo. Yavuze ko izo ndege zari mu bikorwa byo gucunga umutekano no kurinda igihugu gusa.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara, Saudi Arabia yavuze ko gukomeza kugabwaho ibitero na Iran ari ukwongera umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi, kandi bishobora kugira ingaruka zikomeye ku mubano wabyo mu gihe kiri imbere.

Iyo minisiteri yongeyeho ko ibikorwa Iran irimo gukora bidagaragaza ubushishozi, kandi bitanafasha gukumira ko amakimbirane yakwira mu karere.

Saudi Arabia ivuga ko gukomeza kwiyongera kw’ayo makimbirane bishobora kuzagira ingaruka mbi cyane cyane kuri Iran ubwayo.

By Admin

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *