Umusirikare wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika wari waraburiwe irengero nyuma y’iraswa ry’indege ya gisirikare yo mu bwoko bwa F-15 muri Iran yamaze kuboneka, amakuru akavuga ko yakomeretse ariko ari muzima.

Ibi byatangajwe na Donald Trump wabinyujije ku rubuga nkoranyambaga, aho yashimangiye ko igikorwa cyo kumushakisha no kumurokora cyagenze neza.

Trump yavuze ko nubwo habayeho imirwano ikomeye, nta musirikare n’umwe wa Amerika wapfuye cyangwa ngo akomereke bikabije muri icyo gikorwa. Yongeyeho ko uwo musirikare “yakomeretse ariko ameze neza” kandi ari kwitabwaho n’abaganga.

Iyi nkuru ije nyuma y’uko indege ya gisirikare ya Amerika irashwe ikagwa mu gace ko muri Iran, ibintu byateje impungenge ku mutekano w’abasirikare b’icyo gihugu bari mu bikorwa bya gisirikare muri ako karere.

Abasesenguzi mu bya politiki mpuzamahanga bavuga ko iri raswa ry’iyo ndege rishobora kongera umwuka mubi hagati ya Amerika na Iran, ibihugu bisanzwe bifitanye umubano utifashe neza.

Nubwo ubuyobozi bwa Amerika bushimangira ko nta gihombo gikomeye bwagize muri iki gikorwa, haracyari impungenge z’uko ibikorwa nk’ibi bishobora gukomeza gutuma umutekano w’akarere uhungabana.

Iperereza ku cyateye ihanurwa ry’iyo ndege rikomeje, mu gihe ubuyobozi bwa gisirikare bwa Amerika butaratangaza amakuru arambuye kuri uko byagenze.

By Admin

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *